Yanditswe: na Dushimimana Elias
Nyuma yuko myugariro w’ibumoso Benjamin Mendy wari umaze imyaka ibiri n’igice adakina agizwe umwere ku byaha byo guhohotera no gusambanya abagore, yasinye imyaka ibiri muri FC Lorient yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bufaransa.
Akimara kugirwa umwere agasohoka muri gereza kuwa 14 Nyakanga 2023, itangazamakuru ryamubajije ahazaza he ndetse niba yiteguye gusubira mu kibuga ariko ntacyo yabitangajeho.
Nyuma y’iminsi itanu ni bwo Ikipe ya Lorient y’iwabo mu Bufaransa yatangaje ko yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri, azageza muri Kamena 2025.
Uyu myugariro yaherukaga kugaragara mu kibuga, akina, muri Kanama 2021 mbere yuko afungwa, yatwaranye Igikombe bitatu bya Shampiyona y’u Bwongereza [Premier League] na Manchester City ndetse yari mu Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yatwaye Igikombe cy’Isi cya 2018, cyabereye mu Burusiya, yatsinze Croatia ibitego 4-2.
Like This Post? Related Posts