Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ mu Bagore yatomboye Ghana ‘Black Queens’ mu ijonjora rya mbere mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc mu 2024.
Tombola y’uburyo amakipe azahura yabereye mu Mujyi wa Cairo mu Misiri, ku wa Kane, tariki ya 6 Nyakanga 2023.
Ibihugu 42 ni byo bizitabira iyi mikino izatangirira mu ijonjora ry’ibanze. Muri byo Afurika y’Epfo ifite igikombe cy’irushanwa riheruka izatangirira urugendo rwayo mu ijonjora rya kabiri mu gihe Maroc izakira CAN y’Abagore ifite itike. Kuko Maroc ifite itike, Zambia yabaye iya gatatu mu irushanwa riheruka yahawe amahirwe yo kudatangirira mu ijonjora rya mbere.
Ijonjora rya mbere rizakinwa n’amakipe 40, akuranemo hasigare 20, aziyongeraho bya bihugu bibiri [Afurika y’Epfo na Zambia], bizakina byishakemo ibigera kuri 11, bizabona itike ya nyuma.
Imikino y’ijonjora rya mbere iteganyijwe gukinwa hagati ya 18-26 Nzeri 2023 mu gihe iy’ijonjora rya kabiri izakinwa hagati ya tariki ya 27 Ugushyingo n’iya 5 Ukuboza 2023.
Ikipe izava hagati y’Amavubi y’Abagore na Black Queens, izahurira mu ijonjora rya kabiri n’izakomeza hagati ya Gambia na Namibia.
Amakipe azakomeza mu ijonjora rya kabiri yose uko ari 11, azasanga Maroc izakira iri rushanwa abe 12. Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya iki gihugu kigiye kwakira CAN y’Abagore.
TotalEnergies Women’s Africa Cup of Nations ikinwa rimwe mu myaka ibiri, ni ku nshuro ya 15 igiye kuba.
Like This Post? Related Posts