• Imikino / FOOTBALL

?Ikipe ya Real Madrid yahigitswe na Manchester City ku rutonde rwamakipe ahenze cyane ku Isi.

Magingo aya Manchester City ihagaze agaciro ka miliyari zirenga 1.8 Frw ibyatumye igera ku mwanya wa mbere mu makipe ahenze cyane ku Isi muri uyu mwaka w’imikino usojwe wa 2022-2023.

Manchester City iherutse gusezerera ikigugu, Real Madrid, muri 1/2 cy’Irushanwa rya UEFA Champions League ishimangira ko iyirusha byinshi muri uyu mwaka. Nyuma yo guhura kw’amakipe yombi mu kibuga, yakomeje no guhanganira hanze yacyo binyuze mu gaciro afite.

Ikigo gikomeye ku Isi mu kugenzura Imitungo y’Ibigo bikomeye cya Brand Finance, cyakoze ubusesenguzi kuri aya makipe yombi ndetse n’andi yo ku Mugabane w’u Burayi, gisanga Real Madrid ubukungu bwayo bwaragabanutse.

Ubukungu bwa Real Madrid bwagabanutseho 3% bituma igera kuri miliyari 1,2 z’amapawundi. Ni mu gihe Man City yo yongereye ubushobozi ikibuga cyayo cya Etihad Stadium, yongera amasoko n’ibigo byo hanze y’u Bwongereza ndetse bishobora kwiyongera igihe yakwegukana igikombe cya UEFA Champions League.

Manchester City yazamutseho inshuro 34% kuva Covid-19 yakwibasira Isi. Ni ubwa mbere ikipe yo mu Bwongereza iyoboye uru rutonde mu myaka itandatu ishize.

Umuyobozi Mukuru wa Siporo muri Brand Finance, Hugo Hensley, yavuze ko kugira ngo Manchester City ibigereho byayisabye gukora byibuza imyaka itanu kandi ihozaho, mu kibuga no hanze yacyo.

Yagize ati “Mu myaka itanu ishize, Man City yatwayemo ibikombe bine. Si ibyo gusa kandi yanakoze akazi gakomeye hanze y’ikibuga cyane cyane mu kongera abaterankunga no kuvugurura ibikorwaremezo byayo, yarabikoreye. Nta kabuza ko mu gihe yatsinda umukino wayo na Inter Milan, itakongeraho.”

Nubwo Real Madrid ariko yamanutse, iracyari ikipe ikomeye kurenza izindi i Burayi nk’uko ubu busesenguzi bwakozwe ku bafana batandukanye bubigaragaza.

Ku mwanya wa gatatu haza FC Barcelone yazamuye agaciro kayo ho 5% igera kuri miliyari 1.1$. Indi kipe yakoze akazi gakomeye uyu mwaka ni Manchester United yavuye ku mwanya wa gatanu igera ku wa kane, aho ijya kunganya agaciro na FC Barcelone.

Manchester United yazamutseho 11% ubusesenguzi bwashimangiye ko byagizwemo uruhare n’Umutoza Erik ten Hag wagaruye abafana ku ikipe bigatuma abaterankunga bayongeramo ishoramari.

Paris Saint-Germain na Bayern Munich ziri ku mwanya wa gatandatu n’uwa karindwi, zigakurikirwa na Arsenal, Tottenham na Chelsea zuzuza amakipe 10 ya mbere kuri uru rutonde.

Arsenal yazamuye agaciro kayo kubera guhozaho ku mikino yayo, ihatanira kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza nubwo yayitakaje mu mpera zayo.

Brand Finance kandi igaragaza ko Brentford ya 43 na Fulham ya 49 ari amakipe mashya yo mu Bwongereza yashoboye kugera ku myanya 50 ya mbere mu makipe yazamuye agaciro.

Newcastle United ni yo kipe yazamuye agaciro kayo mu gihe gito mu Bwongereza kuko 33 yiyongereyeho, kuva mu 2021 ubwo yafatwaga n’Abanya-Arabie Saoudite.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments