• Amakuru / POLITIKI

Kuwa Gatandatu, tariki ya 27 Gicurasi 2023, Nibwo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hatangiye kugaragaraho amakuru avuga ko Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ingabo, Gen. Maj. Aimé Mbiato Konzoli, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubutasi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


Nubwo Guverinoma ya RDC itaratangaza byeruye ibyaha uyu akurikiranyweho ariko hari amakuru avuga ko bifitanye isano na dosiye y’uwari Minisitiri w’Ingabo, Gilbert Kabanda kuko Gen. Maj Aimé Mbiato Konzoli yanabaye umuyobozi mu biro bye.

Tariki ya 24 Mata 2023 ni bwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagize Jean Pierre Bemba usanzwe ari umwe mu banyepolitiki bakomeye muri iki gihugu, Minisitiri w’Ingabo.

Si ubwa mbere muri iki gihugu minisitiri atabwa muri yombi kuko muri Mata 2023 Minisitiri ushinzwe ibikomoka kuri Peteroli muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yahaswe ibibazo n’Urwego rushinzwe Iperereza (ANR) ndetse amara amasaha 24 muri kasho zarwo ariko aza kurekurwa.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments