Nyuma yuko ku Cyumweru tariki ya 24 Ukuboza 2023, Sir Jim Ratcliffe wari amaze igihe kinini ategerejwe kugura imigabane ingana na 25% muri Manchester United hatangiye kunugwanugwa amakuru yinjiza muri iyi ikipe abakinnyi bakomeye barimo uwahoze ari umuzamu wayo na Frenkie de Jong.
Uyu muherwe w’umwongereza yatanze miliyali imwe na miliyoni 300 z’amapawundi agura iriya migabane byatumye yegukana ibijyanye n’umusaruro w’ikipe mu kibuga.
Mu mwaka ushize nibwo abagize umuryango wa Glazer bashyize ku isoko United ariko baza kwisubiraho ntibayigura ubwo yari igiye kwegukanwa yose n’umwarabu Sheikh Jassim.
Umukinnyi wa mbere uvugwa muri United ni rutahizamu Victor Osimhen wa Napoli uzasimbura Rasmus Hojlund wahombeye iyi kipe.
Uwa kabiri n’umuholandi ukina muri FC Barcelona Frenkie de Jong ngo abafashe mu kibuga hagati.
Hari kandi kugarura umunyezamu David de Gea kugira ngo aze gusimbura Onana bitagenze neza.
Umudage Serge Gnabry nawe n’undi mukinnyi uvugwa muri United nyuma yo kwigaragaza cyane muri Bayern Munich yo mu Budage.
Myugariro w’umunya Portugal,Goncalo Inacio,ukinira Sporting CP n’undi mukinnyi ushobora kuza muri Man United ngo asimbure ba Varane,Evans na Lindelof batakoze akazi neza.
Like This Post?
Related Posts