• Imikino / FOOTBALL

Nyuma yo kunyagirwa n'ikipe ya Mukura VS&L ibitego 4-2 mu mukino w'umunsi wa 14 wa Shampiyona ikipe ya Gasogi United yirukanye abakinnyi 2 itangaza ko hari n'abandi iza kwirukana .

Kuwa Gatandatu w'icyumweru gishize ,nibwo ikipe ya Gasogi United, yakiriye Mukura VS&L mu mukino Wu munsi wa 14 wa Shampiyona, uyu mukino warangiye ikipe ya Gasogi United itsinzwe ibitego 4-2 , ibintu byarakaje cyane umuyobozi wayo Kakoza Nkuriza Charles uzwi nka KNC, uyu mugabo usanzwe utaripfana, yikomye bamwe mu bakinnyi biyi kipe,  barimo umuzamu Dauda , we akaba yaranavuze ko yakoze ibintu bya " kigoryi" .

Aya magambo y'uburakari ya KNC,  yahise akurikirwa nuko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere, Ikipe ya Gasogi United,ibinyujije ku mbuga nkoranya mbaga zayo ,yahise ishimira bamwe muba kinnyi bayo, bivuze ko bamaze gutandukana niyi kipe, ndetse  itangaza ko hari nabandi baza gushimirwa , bamwe mubamaze gusezererwa, harimo Rutahizamu wumunya Cameroon Maxiwell Ndjumeku, na Ngondo Steffield Guenole umunya Ghana ,  uretse abakinnyi kandi bivugwa ko umutoza Kilasa Alain, watozaga iyi kipe nawe agomba kwirukanwa ,ari ikibazo cy'igihe gusa .


Gasogi United iti " abandi nabo turakomeza ku bashimira "

Benshi mu batoza batandukanye niyi kipe, bashinja KNC kubivangira mu kazi ,agashaka kubereka uko bakora akazi kabo ,nyamara umusaruro waba mubi akabibashyira ku mutwe , Gasogi United iri ku mwanya wa 7 kurutonde rwa Shampiyona n'amanota 18 , ikaba izasura Etincelles FC ku munsi wa 15 wa Shampiyona. 


Umunya Ghana Steffield Guenole nawe yashimiwe 
Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments