• Imikino / FOOTBALL

Amakipe ya AS Kigali na Kiyovu Sports anyagiriwe ibitego 4 , mu ntara ku munsi wa 13 wa Shampiyona , akomeza kugaragaza ibibazo biri muri aya makipe afashwa n'umujyi wa Kigali .

Ikipe ya AS Kigali yaherukaga kwihagararaho imbere ya APR FC na Mukura banganya 1-1, mu mikino y'umunsi wa 11 , nuwa 12 , iyi kipe irimo ibibazo by'amikoro yagiye mu karere ka Rubavu , ishaka uko yabona amanota 3 ,yari kuyifasha kuva mu myanya y'inyuma ,iminota 13 gusa yari ihagije ngo abahungu ba Etincelles FC, bereke abanyamujyi ko inkoko yo mu mujyi gutorera ku nkombe z'ikivu biza kugorana , AS Kigali yagerageje kwihagararaho, igice cya mbere kirangira banganya ibitego 2-2.


Kiyovu Sports yananiwe kwihagararaho imbere ya Mukura 

Igice cya 2 ikipe ya AS Kigali yananiwe kwihagararaho imbere y'umuvuduko wa Etincelles yari yakaniye ishaka amanota , birangira Etincelles ibonye ibitego 2 , AS Kigali inanirwa ku byishyura , umukino urangira Etincelles FC itsinze ibitego 4-2, aya manota yafashije Etincelles FC kuva ku mwanya wa 14 , ijya ku mwanya wa 12 n'amanota 14 , mu gihe AS Kigali yo yagiye ku mwanya ubanziriza uwanyuma n'amanota 11 , mu mikino 13 imaze gukinwa.

Kurundi ruhande kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye , ikipe ya Mukuru, yari yakiriye Kiyovu Sports, iyi kipe yo ku Mumena nayo ntabwo ihagaze neza mu mufuka kuko abakinnyi bamaze iminsi bishyuza , ibirarane by'amezi 3, gusa bakaba barahawe macye , Kiyovu Sports yinjiye neza mu mukino maze ku munota wa 24 Richard Bazombwa yinjiza neza Penalty, Kiyovu Sports iyobora umukino , mbere yo kujya kuruhuka Mukura VS&L yabonye igitego cyo kwishyura ,basubira mu rwambariro ari 1-1 .


AS Kigali yihagazeho iminota 45 ya mbere ariko akagozi karacika 

Igice cya 2 abahungu bo muntanzi z'ibisi bya Huye kwa Nyagacyecuru batangiye kwigisha umupira , aba basore bo mu misozi ya Byumba ariko bacumbitse Tarinyota ,Biryogo , Mumena ,Kuryanyuma n'ibindi bice bya Nyamirambo, Kiyovu Sports yatsinzwe ibitego 3 mu minota 45 ya nyuma y'umukino ,maze iba inyagiwe  ibitego 4-1 , Mukura yafashe umwanya wa 5 n'amanota 20 , mu gihe Kiyovu Sports yagiye ku mwanya wa 9 n'amanota 17.

Aya makipe yombi ahagarariye umujyi wa Kigali kuko yombi yakira amafaranga yawo, gusa muri iyi minsi ubukene buri kuyagira ayo ifundi igira ibivuze, imwe mu mpamvu zo kwitwara nabi kwayo , Kiyovu Sports isigaje imikino 2 irimo nuwa Rayon Sports ku munsi wa 15.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments