• Imikino / FOOTBALL

Umutoza w'ikipe y'igihugu y'uRwanda Amavubi Torsten Frank Spittler ,yitwikiriye ijoro ahamagara ikipe izakina na Africa y'epfo na Zimbabwe,ikipe itarimo bamwe mu bakinnyi bamenyerewe .

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu ku isaha ya saa 23h, nibwo ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA,ryatangaje abakinnyi 30 , bagiye kwitegura imikino yo gushaka itike y'imikino yanyuma y'igikombe cy'isi 2026, uRwanda ruzakina na Zimbabwe taliki 15 Ugushyingo nyuma rwakire Afurika y'epfo taliki 21 Ugushyingo .

Muri aba bakinnyi bahamagawe, hagaragayemo amasura mashya nka Gitego Arthur wa Marine FC, Muhawenayo Gad wa Musanze , Mugiraneza Frodouard wa Kiyovu Sports, Nzayurwanda Jimmy Djihad wa Kiyovu Sports, na Iradukunda Elie Tatou wa Mukura VS&L, benshi mu banyarwanda bari biteze kubona amasura mashya Wenda y'abakinnyi baba bavuye hanze y'uRwanda ariko amaso gaheze mu kirere .


Amavubi yahamagaye abakinnyi bo gutangira urugamba rw'igikombe cy'isi 

Mubakinnyi bari bitezwe kugaruka mu ikipe y'igihugu ariko bataje harimo nka Mugisha Bonheur, Niyonzima Haruna , Yannick Mukunzi ,  Meddy Kagere , Hakizimana Muhadjir , benshi Kandi ntabwo babuze kwibaza uko Niyomugabo Claude na Ishimwe Christian ba APR FC bahamagawe bakina umwanya umwe , gusa byose bikaba byitwa amahitamo y'umutoza, Amavubi aratangira umwiherero kuri iki cyumweru taliki 05/11/2023 .


Iradukunda Elie Tatou yahamagawe bwa mbere mu ikipe y'igihugu y'uRwanda Amavubi


Meddy Kagere wari wasimbuye Haruna ku mwanya wa Captain ntaheruka umwambaro w'Amavubi 


Hakizimana Muhadjir yari amaze iminsi yitwara neza muri Police FC ariko ntacyo byamufashije


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments