Abaturage batuye mu karere ka Musanze mu murenge wa Muhoza akagari ka Cyabararika, bahangayikishijwe n'abaturage bajya gusengera ku misozi bitwikiriye ijoro.
Bamwe muri abaturage baganiriye na BTN, bavuze ko iyi misozi basengeramo uzwi ku izina rya Ndabirambiwe ukunda kugwa mu gihe cy'imvura ndetse ko ushobora kwihishwamo n'amabandi yakwambura abatari bake ubuzima.
Umwe muri bo yavuze ko Leta ikwiye guhagurukira iki kibazo ntamuntu urahaburira ubuzima bitewe nuko iyo imvura iri kugwa kuri uwo musozi usanga inkuba ihakubitira ku buryo buteye ubwoba dore ko abanyamasengesho baba bari munsi y'ibiti.
Yakomeje avuga ko atari ubuzima bwabo gusa buteye inkeke ahubwo n'urusaku rwabo usanga hari abo rubangamiye.
Yagize ati" Leta ikwiye kugira imyanzuro ifatira iki kibazo kuko hari igihe bamwe mu bahasengera bazasangwa bahapfiriye bitewe nuko ari ahantu hateye ubwoba. Urusaku rwabo ruba ruri hejuru cyane".
Rev Pastor Matabaro Mporana Jonas, Umuyobozi w'Impuza Matorero mu Ntaraya y'Amajyaruguru avuga kuri iki kibazo yavuze ko abantu bakwiye gusenga ariko bagasenga mu buryo budahabanye n'amabwiriza abagenga bakwiye kugenderaho bahabwa n'amatorero ndetse na Leta.
Uyu muyobozi kandi yavuze ko gusengera ku musozi atari icyaha ahubwo bikorwa n'ababifitiye uburenganzira kandi bajyayo bakitwararika mu butyo butarimo akavuyo n'akajagari kuko Imana itabikunda dore ko biyobya abatari bake.
Agira ati" abantu bakwiye gusenga ariko bagasenga mu buryo budahabanye n'amabwiriza kandi bagakora mu buryo bunoze butarimo akavuyo kuko Imana itagakunda".
Iki kibazo gikomeje kubera abaturage imbogamizi, kivuzwe nyuma yuko ubuyobozi bw'umurenge wa Muhoza mu nama zitandukanye, bwagiye bwihanangiriza abakunze gutungwa agatoki n'abaturage ko bateza umutekano muke.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'uyu murenge, Manzi Jean Pierre yari aherutse kwihanangiriza aba bantu bakora mu buryo bunyuranyije n'amategeko aho yababwiraga ko imvugo n'izina byahimbwe uyu musozi ko bakwiye kwibagirwa burundu iri zina ndetse ko bagomba gusengera ahantu hemewe. Ati " Izina Ndabirambiwe ryibagirwe vuba kandi bahagarike gusengera ahantu hatemwe".
Iri zina Ndabirambiwe ryatangiye kwitwa uyu musozi ku mwaduko w'amadini atandukanye.
Ni inkuru ya NIREMBERE Gaston/BTN TV
Like This Post? Related Posts